Kinshasa: Arenga miliyoni $1.9 yafatiwe ku Kibuga cya N’djili, hatangizwa iperereza rikomeye

Kinshasa: Arenga miliyoni $1.9 yafatiwe ku Kibuga cya N’djili, hatangizwa iperereza rikomeye

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guillaume Ngefa, yategetse ifatwa n’igenzura ryihuse ry’amafaranga arenga miliyoni $1.9 yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya N’djili i Kinshasa ku wa 22 Werurwe (03) 2026, hagamijwe kumenya inkomoko yayo no kugaragaza ababifitemo uruhare.

kwamamaza

 

Aka kayabo k'amadolari kafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya N’djili giherereye i Kinshasa, mu gikorwa cyahise gikurura impaka nyinshi n’impungenge ku bijyanye n’iyezandonke n’ibyaha by’imari bikomeje kugaragara muri iki gihugu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X (Twitter), Minisitiri w’Ubutabera, Guillaume Ngefa, yatangaje ko yahise ategeka Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza gufata aya mafaranga mu buryo bwemewe n’amategeko no kuyashyira mu maboko y’ubutabera.

Yagize ati "aya mafaranga abarirwa muri miliyoni $1.9, ariko hari andi makuru ataremezwa neza avuga ko ashobora kugera kuri miliyoni $3.5. Ibi byatumye ategeka ko yose abarwa neza kandi agashyirwaho ibimenyetso byemeza ko yafatiwe imbere y’abapolisi babifitiye ububasha."

Minisitiri w'ubutabera wa RDC yanasabye ko hakorwa inyandiko irambuye igaragaza uko ayo mafaranga yafashwe, aho yaturutse, ndetse hakamenyekana neza umuntu wayafatanwe n’abandi bose bagize uruhare muri icyo gikorwa.

Yategetse kandi ko hahita hafungurwa dosiye y’ubucamanza, hagakorwa iperereza ryimbitse rigamije kumenya inkomoko y’ayo mafaranga no kuyashyira mu rwego rw’amategeko, hanamenyekana niba hari ibyaha byaba byarakozwe.

Nimugije aya mafaranga agomba guhita ajyanwa kubikwa muri Banki Nkuru ya Congo, mu gihe raporo zose zijyanye n’ikorwa ry’iperereza zigomba gushyikirizwa urwego rushinzwe gukurikirana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba (CENAREF), hashingiwe ku mategeko agenga iki cyaha muri RDC.

@Radio Okapi 

 

kwamamaza

Kinshasa: Arenga miliyoni $1.9 yafatiwe ku Kibuga cya N’djili, hatangizwa iperereza rikomeye

Kinshasa: Arenga miliyoni $1.9 yafatiwe ku Kibuga cya N’djili, hatangizwa iperereza rikomeye

 Mar 23, 2026 - 06:27

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guillaume Ngefa, yategetse ifatwa n’igenzura ryihuse ry’amafaranga arenga miliyoni $1.9 yafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya N’djili i Kinshasa ku wa 22 Werurwe (03) 2026, hagamijwe kumenya inkomoko yayo no kugaragaza ababifitemo uruhare.

kwamamaza

Aka kayabo k'amadolari kafatiwe ku Kibuga Mpuzamahanga cya N’djili giherereye i Kinshasa, mu gikorwa cyahise gikurura impaka nyinshi n’impungenge ku bijyanye n’iyezandonke n’ibyaha by’imari bikomeje kugaragara muri iki gihugu.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X (Twitter), Minisitiri w’Ubutabera, Guillaume Ngefa, yatangaje ko yahise ategeka Umushinjacyaha Mukuru mu rukiko rusesa imanza gufata aya mafaranga mu buryo bwemewe n’amategeko no kuyashyira mu maboko y’ubutabera.

Yagize ati "aya mafaranga abarirwa muri miliyoni $1.9, ariko hari andi makuru ataremezwa neza avuga ko ashobora kugera kuri miliyoni $3.5. Ibi byatumye ategeka ko yose abarwa neza kandi agashyirwaho ibimenyetso byemeza ko yafatiwe imbere y’abapolisi babifitiye ububasha."

Minisitiri w'ubutabera wa RDC yanasabye ko hakorwa inyandiko irambuye igaragaza uko ayo mafaranga yafashwe, aho yaturutse, ndetse hakamenyekana neza umuntu wayafatanwe n’abandi bose bagize uruhare muri icyo gikorwa.

Yategetse kandi ko hahita hafungurwa dosiye y’ubucamanza, hagakorwa iperereza ryimbitse rigamije kumenya inkomoko y’ayo mafaranga no kuyashyira mu rwego rw’amategeko, hanamenyekana niba hari ibyaha byaba byarakozwe.

Nimugije aya mafaranga agomba guhita ajyanwa kubikwa muri Banki Nkuru ya Congo, mu gihe raporo zose zijyanye n’ikorwa ry’iperereza zigomba gushyikirizwa urwego rushinzwe gukurikirana iyezandonke no gutera inkunga iterabwoba (CENAREF), hashingiwe ku mategeko agenga iki cyaha muri RDC.

@Radio Okapi 

kwamamaza